ESE NI NGOMBWA KO ABAKRISTO BATERANIRA MU NSENGERO?

Picture1 1IBICE BYO GUSOMA: Zaburi ya 84:1-8; Yeremiya 31:7-14; Luka 2:41-52.

Ndabasuhuje bene Data bakundwa. Ndashimira Imana yongeye kunkoresha mu kubagezeho ijambo ryayo. Uyu munsi turaganira ku kibazo kibaza kiti: Ese ni ngombwa ko abakristo bateranira mu nsengero?

Abafaransa baca umugani ngo : «  Hafi y'urusengero akenshi usanga ari kure y'Imana» (Près de l'église est souvent loin de Dieu). Uyu mugani ujya gusa n’undi wo mu birwa bya Guadeloupe ugira uti : « Hafi y’urusengero, ni hafi y’umuriro utazima » (Près de l'église, près de l'enfer). Iyi migani yombi iganisha ku kuvuga ko kwizera Imana ari ngombwa kuruta kujya mu rusengero cg se ko abantu begereye insengero akenshi usanga aribo bazijyamo gake. None se koko ni ngombwa ko abakristo duteranira mu nsengero? Uko iterambere rigenda ryiyongera, umubare w’abatekereza ko atari ngombwa kujya mu materaniro yera nawo uriyongera. Muri iki gihe, ikoranabuhanga rifite uruhare rukomeye mu guhindura isi, kandi rigira uruhare rutandukanye mu iterambere ry’ibihugu ; usanga rikoreshwa mu guhaha, kwivuza, kwiga, gukurikirana inama ; ndetse muri iki gihe usanga no mu buryo bw’imyizerere abakristo benshi batakitabira kujya mu nsengero, bagahitamo gukurikirana amasengesho cyagwa inyigisho kuri televiziyo, radiyo, imbuga nkoranyambaga ; bakumva nta mpamvu yatuma bafata ingendo ndende bagana insengero. Ni byiza rwose gukoresha ikoranabuhanga kuko ridufasha mu mirimo itandukanye kandi ikihuta. Ariko rero mu buryo bw’imyizerere, birakwiye ko ababishoboye bashishikarira guteranira hamwe. Ntitwirengagije ko hari abadashobora kujya guterana bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo uburwayi, abari ahantu hataba insengero, aho guteranira hamwe bibujijwe. Abo bashobora kwifashisha ikoranabuhanga mu gushaka ubutumwa bwiza bufasha ubugingo bwabo. Nyamara dukwiye na none kwibuka ko hari amayeri menshi Satani akoresha yinjiriye mu ikoranabuhanga, akazinura abakristo kujya mu materaniro, akabumvisha ko yaba uwasengeye mu rugo (uwakurikiye icyigisho kuri radiyo, televiziyo, imbuga nkoranyambaga) n’uwagiye mu rusengero, bose nta tandukaniro, ko hose ari ugusenga no gusenga bityo akabavutsa umugisha bakura mu nzu y’Imana. Gukurikirana ijambo ry’Imana uri ahandi bitandukanye no kurikurikirana hari umwigisha uri imbere yawe, ntakindi kirangaza.

Usibye gutwarwa n’ikoranabuhanga, indi mpamvu ibuza abakristo bamwe kujya mu materaniro ni ukudasobanukirwa akamaro kabyo. Iyo witegereje usanga kuva Leta y’u Rwanda yashyiraho amabwiriza yemera ko insengero zujuje ibisabwa zongera gufungura imiryango nyuma y’igihe kinini zari zimaze zifunze kubera gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, hari abakristo benshi batasubiye gusenga kandi insengero zabo zifunguye. Nibajije ikibitera nza gusanga imwe mu mpamvu nyamukuru ari uko abakristo bamwe badasobanukiwe ko guterana kwera ari itegeko ry’Imana. Muby’ukuri, gahunda yo gusengera mu miryango yashyizwemo imbaraga mu gihe cya « guma mu rugo » yagize umumaro mu gutuma abakristo bakomeza kwegerana n’Imana ; ariko ku rundi ruhande yatumye umubare w’abakristo batekereza ko bashobora gusengera mu rugo kandi ntibigire icyo bihungabanya ku bukristo bwabo wiyongera. Abo ariko bibagiwe umugani wa kinyarwanda ugira uti : « “Wambariza Imana ku ishyiga ikagusiga ivu”. Ntibibutse kandi ko Bibiliya iduhugurira kutirengaziza guterana kwera-impuguro Yesu yahaye agaciro gakomeye.

Mbese Yesu yajyaga mu rusengero? Yego rwose! Yesu akiri muto, yifatanyaga n’abagize umuryango we bari Abayuda hamwe n’abandi bantu bari bafite akamenyero ko kujya gusengera mu rusengero rw’i Yerusalemu (Luka 2:41-46). Amaze kuba mukuru, yajyanaga na bagenzi be b’Abayuda gusengera Imana mu isinagogi yo mu gace k’iwabo (Luka 4:14-16). Kuko Yesu yari azi agaciro k’inzu y’Imana, igihe yageraga mu rusengero i Yerusalemu yasanze barahahinduye isoko, yubika ameza y’abavunjaga ifeza n’intebe z’abaguraga inuma, ababwira amagambo akomeye ati « Byanditswe ngo inzu yanjye izitwa inzu yo gusengerwamo ariko mwebwe mwayihinduye isenga y’abambuzi » (Matayo 21: 12-17).

Guterana n’abandi mu nzu y’Imana ni ingenzi cyane ku mukiristu. Amateraniro adufasha kubakana no gukomezanya. Biragoye ko umuntu udaterana yabasha gukomera mubyo kwizera. Amateraniro kandi adufasha gukeburana no guhugurana. Bityo rero, ubwiza bw’amateraniro ntibugereranywa. Yesu ubwe yavuze ko dukwiye kuba mu nzu y’Imana (Luka 2:49). Dawidi nawe yaravuze ngo « Uwiteka, nkunda ubuturo ari bwo nzu yawe, n’ahantu ubwiza bwawe buba »  (Zaburi 26:8) ; yongeraho ati: « Narishimye ubwo bambwiraga bati ‘Tujye mu nzu y’Uwiteka’» (Zab 122:1). Inzu y’Imana, urusengero, kiriziya n’andi mazina nkayo, ni inzu idasanzwe. Mu nzu y’Imana ni mu rugo, ni mu muryango; niyo mpamvu akenshi ujya kumva ukumva umuntu asuhuza mugenzi we ati « Uraho mwene Data »? Niho honyine imfubyi igera ikabona abavandimwe, ikabona umuryango munini w’abana b’Imana. Mu rusengero tujya tuhasubirizwa. Hana yari yarashenguwe no kutagira akana; ariko ubwo yazaga mu nzu y’Imana yegamiye inguni imwe y’urusengero asuka amarira ye imbere y’Uwiteka. Muri ayo masengesho niho havuye Samweli (1 Samweli 1: 10-28). Amateraniro Yera agira imbaraga kurusha Amasengesho; kuko iyo abantu bahuye ari benshi bashobora gusengana, guhugurana, gusangira igaburo ryera, kwigishanya, gukomezanya, kuzamurana no gufashanya. Mu materaniro haberamo ibintu byinshi bitandukanye kurusha mu masengesho kuko amasengesho umuntu ashobora no kuyakora ari wenyine. Iyo abantu barenze umwe bahuye bagasengana bahuje umutima Imana iramanuka ikabana nabo kandi igasubiza amasengesho yabo. Niyo mpamvu Yesu yavuze ati: Ndababwira yuko ababiri muri mwe nibahuza umutima mu isi wo kugira icyo basaba cyose, bazagikorerwa na Data wo mu ijuru. Kuko aho babiri cyangwa batatu bateraniye mu izina ryanjye, nanjye mba ndi hagati yabo.” (Mat 18:18-20)

Ntitwavuga ku bakristo batakijya mu nsengero ngo turangize tutavuze ababishimbuje gusengera mu mashyamba, mu masenga, mu mazi n’ahandi hitwa mu butayu. Bibiliya itubwira ko na Yesu hari ubwo yazamukaga umusozi agira ngo aganire n’Imana (Matayo 14:23). Nyamara nk’uko twabibonye, gusengera mu butayu ntibyigeze bituma Yesu areka kujya gusengana n’abandi mu isinagogi cg mu rusengero rukuru i Yelusalemu. Na none kandi, abakristo bakwiye kwitwararika ku bijyanye n’umutekano, kuko twagiye twumva abantu bagiye batakariza ubuzima bwabo mu butayu.  Hari kandi na none abakristo batajya mu materaniro yera kubwo gusobanukirwa nabi aho Bibiliya igira iti: “Ariko igihe kiraje ndetse kirasohoye, ubwo abasenga by’ukuri, basengera Data mu Mwuka no mu kuri, kuko Data ashaka ko bene abo ari bo bamusenga.” (Yohana 4:23) Ndibwira ko kujya mu materaniro yera byatuma umukristo arushaho « gusenga mu kuri no mu mwuka ». Nshuti mwene Data, ntukemerere impamvu n’imwe idafatika yakubuza kujya munzu y’Imana guterana n’abandi. Hari ibihome bikomeye binyeganyega bigasenyuka iyo abana b’Imana bahuriye hamwe bavuga ibyayo. Niyo mpamvu Satani akoresha amayeri ye yose kugira ngo ubone impamvu zituma ugambirira kutajya mu materaniro yera. Iyo dusenze Imana iratwumva ariko iyo duteranye iramanuka ikabana natwe. Tujye dusenga ariko ntitukirengagize no guterana kwera. (Abah 10:25) Ndangije nkwifuriza umwaka mushyamuhire wa 2021.

Amahoro Imana itanga aruta ayo umuntu wese yakwibwira ajye arinda imitima yanyu n’ubwenge bwanyu, kugira ngo mukomeze kumenya no gukunda Imana n’Umwana wayo Yesu Kristo Umwami wacu. Kandi umugisha w’Imana ishobora byose, Data wa twese, Umwana, kandi Umwuka Wera ube muri mwe, kandi ugumane namwe iminsi yose. Amina!

Arch. SEHORANA Joseph (EAR Shyogwe)

WatsApp: 0788730061

Website: http://www.sehorana.com/

E-mail: sehojo2007@yahoo.fr   

Last edited: 02/01/2021

  • No ratings yet - be the first to rate this.

Add a comment